Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yatwaye Igikombe cya Shampiyona
Perezida Paul Kagame yashimye Arsenal FC ikaba n’umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, kuba yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza cya 2025/2026.
Arsenal FC yatwaye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ku wa 19 Gicurasi 2026, nyuma y’umukino AFC Bournemouth yanganyijemo na Manchester City igitego 1-1. Byatumye Man City igira amanota 78, irushwa ane na Arsenal ifite 82, kandi amakipe yombi asigaje umukino umwe wa shampiona ya 2025/26.
Mu butumwa yanyujije kuri X, Umukuru w’Igihugu yagize ati “Mwishyuke Arsenal FC, umufatanyabikorwa wacu wa Visit Rwanda, kuba mwegukanye Igikombe cya Shampiona [Premier League] nyuma y’umwaka w’imikino waranzwe no guhatana cyane. Igikombe mugitwaye mubikwiye.”
Arsenal yaherukaga iki gikombe mu mwaka w’imikino wa 2003/04, icyo gihe ikaba yaragitwaye idatsinzwe umukino n’umwe. Ni icya kane kandi itwaye kuva Shampiyona yitwa Premier League, dore ko yatwaye n’icyo mu 1997/98 no mu 2001/02. Muri rusange yatwaye ibikombe bya shampiyona 14.
Arsenal ifitanye ubufatanye n’u Rwanda kuva mu 2018, aho yamamaza ubukerarugendo bw[u Rwanda binyuze mu kwambara Visit Rwanda ku kaboko no muri stade yayo, kandi abakinnyi bayo bagiye basura u Rwanda mu bihe bitandukanye. Gusa ubu bufatanye buzarangirana n’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, aho izasoza Premier League yakirwa na Crystal Palace ku Cyumweru guhera Saa 17:00.
Urugendo rwo kurushaho kwandika amateka, ruzakomereza ku mukino Arsenal ifitanye na Paris Saint-Germain muri UEFA Champions League, mu gihe yawutsinda ikaba ari ubwa mbere yaba yegukanye iki gikombe.
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0
Kinyarwanda
English
Français
Swahili