Kigali:Uruhare rw'Ubuvanganzo mu kubaka umuturage utekereza
Mu minsi mike iri imbere, umujyi wa Kigali ugiye kongera kwakira igikorwa kimaze kuba ngarukamwaka gikomeye mu bijyanye n’ubuvanganzo n’umuco: Rencontres Internationales du Livre Francophone (RILF). Ku nshuro ya gatanu, iri huriro rizaba kuva tariki ya 23 kugeza ku ya 28 Werurwe 2026, rifite insanganyamatsiko igira iti: “Ubuvanganzo nk’ishingiro ryo kubaka umuturage.”
Umuyobozi w’iki kigo, Lee Fou Messica, yagize Ati’’Gusoma no kwandika bifasha umuntu kurenga imbibi z’ibyo abona buri munsi, akinjira mu isi yagutse y’ibitekerezo n’amateka."
Yongeyeho ko: “Umuntu usoma aba afite imbaraga zo gusobanukirwa isi no kuyigiramo uruhare. Ubuvanganzo bumufasha kuba umuturage utekereza kandi ufata ibyemezo bifite ishingiro.”
Abateguye iki gikorwa bemeza ko iyo umwana atojejwe gusoma hakiri kare, aba yubatse urufatiro rukomeye rw’ubumenyi n’ubushobozi bwo gutekereza mu buryo bwigenga.
Ni umwanya udasanzwe wo kungurana ibitekerezo, gusangira ubunararibonye no gutinyuka gutanga ibitekerezo bishya ku bibazo byugarije sosiyete.
Manzi Rugirangoga, ushinzwe isomero muri iki kigo, asanga iki gikorwa ari amahirwe akomeye ku Banyarwanda, cyane cyane urubyiruko. Ati: “RILF ifasha gutuma ibitabo bigera kuri benshi no gutanga urubuga rwo kuganira ku bibazo bireba ubuzima bwacu bwa buri munsi.”
Mukimbiri WILSON
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0
Kinyarwanda
English
Français
Swahili