Ingabire Victoire yabwiye Urukiko ko yafunzwe mu buryo bunyuranye n’amategeko
Ku wa 12 Ugushyingo 2025, Urukiko rw’Ikirenga ruherereye i Kacyiru mu Karere ka Gasabo rwaburanishije urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, werekeje urukiko ko yafunzwe mu buryo budakurikije amategeko, ashingiye ku ngingo ya 106 y’Itegeko rigena imiterere n’imikorere y’inkiko.
Ingabire yagaragaje ko iyo ngingo, yashingiweho itabwa muri yombi, inyuranye n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, kuko iha urukiko ububasha bwo guhamagaza abantu mu rubanza nyamara ngo ibyo ari inshingano z’ubushinjacyaha.
Uko iburanisha ryagenze
Inteko iburanisha yari iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa, mu gihe Ingabire yari ahagarariwe n’abavoka batatu aribo Me Gatera Gashabana, Me Bikotwa Bruce, na Me Félicien Gashema.
Me Bikotwa Bruce yavuze ko ubushinjacyaha ari bwo bufite ububasha bwo gukurikirana umuntu no kumuregera urukiko, bityo ngo kuba urukiko rwahamagaje Ingabire binyuranyije n’amategeko.
Na we Me Gatera Gashabana yunze mu rye, avuga ko ingingo ya 106 iha urukiko ububasha busesuye bwo guhamagaza umuntu, nyamara bitari bikwiye kuko Urukiko Rukuru rwa Kigali rutigeze rusobanura impamvu Ingabire atigeze abazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje intambara.
Abahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta mu rubanza bavuze ko ibyo Ingabire avuga bidafite ishingiro, basaba ko urubanza rwe rutakirwa kugira ngo hirindwe imanza zitagira iherezo.
Bavuze kandi ko ingingo ya 106 n’iya 121 zifite ibisobanuro bisa, ahubwo itandukaniro riri mu myandikire, kuko zombi zigaragaza uburyo umucamanza akurikirana ibyagaragajwe mu iburanisha atari uko yivanga mu bushinjacyaha.
Nyuma yo kumva impande zombi, Inteko iburanisha yatangaje ko urubanza ruzasomwa ku wa 16 Mutarama 2026 saa tatu za mu gitondo.
Imiterere y’ibirego kuri Ingabire
Ingabire Victoire Umuhoza yatawe muri yombi muri Kamena 2025, akurikiranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.
Ubushinjacyaha buvuga ko afatwa kwe kwari ukugira ngo hashyirwe mu bikorwa icyemezo cy’Urukiko Rukuru, mu rubanza ruregwamo Sibomana Sylvain na bagenzi be.
Urukiko rukuru rw’Ikirenga rukazatangaza umwanzuro warwo mu kwezi kwa Mutarama 2026.
Noel Mporebuke
What's Your Reaction?
Like
0
Dislike
0
Love
0
Funny
0
Angry
0
Sad
0
Wow
0
Kinyarwanda
English
Français
Swahili